23 C
New York
May 1, 2024
News

UMUTONI SANDRINE YASIMBUWE NA VUGAYABAGABO JACKSON KUMWANYA W’ UMUYOBOZI MUKURU W’UMURYANGO IMBUTO FOUNDATION.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko Umutoni Sandrine yasimbuwe kumwanya w’umuyobozi mukuru w’Umuryango Imbuto Foundation na Vugayabagabo Jackson.

Nyuma yirahira rya Sandrine Umutoni wagizwe Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko aho yarahiriye mu biro by’umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame Village Urugwiro n’abandi bayobozi bashya binjijwe muri Guverinoma y’u Rwanda barimo Maj Gen Albert Murasira na Jeanine Munyeshuri bagasabwa kubera intangarugero urundi rubyiruko.

Sandrine Umutoni niwe wari umuyobozi mukuru w’Umuryango imbuto foundation washinzwe n’umufasha w’umukuru w’igihugu Madam Jeannette Kagame kurubu Jackson Vugayabagabo niwe wagizwe Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’Umuryango Imbuto Foundation. Vugayabagabo yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije Ushinzwe Ibikorwa muri uwo muryango.

Vugayabagabo Jackson wagizwe Umuyobozi mukuru w’Umuryango Imbuto Foundation.

Mwijambo rye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ubwo yaramaze kwakira indahiro za bayobozi bashya barimo na Sandrine Umutoni yibanze cyane mu kubashishikariza kubera intangarugero urundi rubyiruko kuko nkuko yabivuze yagarutse kukuba ubuyobozi budakwiye guharirwa abantu bakuru gusa ahubwo ko urubyiruko rukwiye gutangira narwo gufata inshingano z’ubuyobozi.

Nyakubahwa Madam Jeannette Kagame washinze Umuryango Imbuto Foundation.

Related posts

AFURIKA: UBUSESENGUZI KUBIKOMEJE KUBERA MU BIHUGU BITANDUKANYE BY’ UMUGABANE W’ AFURIKA NICYO ABATURAGE BATEKEREZA. 

M Fabrice

Ireland: Uwaruherutse gucagahigo muri Nigeria yakuwe kumanya wa mbere na Fisher muri GWR.

Ngenzi Kepfa

Ese Dr Rutayisire Antoine ni muntu ki?

M Fabrice

Leave a Comment