KWITA IZINA BYAMAZE KUBIGIKORWA MPUZAMAHANGA, MUMYAKA IBAYE 19 ABANA B’INGAGI 370 BOSE BAMAZE GUHABWA AMAZINA.

Umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi wabaye Ku nshuro ya 19 mu karere ka Musanze muntara y’ amajyaruguru mu murenge wa Kinigi mu mahumbezi y’ Ibirunga bizicumbikiye, Mwisinzi ry’abantu benshi cyane rwose b’itabiriye uyu muhango, uba hagaragajwe neza isura nziza y’u Rwanda by’umwihariko mu rwego rw’ ubukerarugendo mu gutanga serivise nziza, kubona aho kwidagadurira, kuruhuka nibindi aka karere ka Musanze gakungahayeho nka mahoteri arenga 40. 

Byari byishimo kungeri zose z’abitabiriye Umuhango wo Kwita Izina kunshuro ya 19 mu Kinigi mu karere ka Musanze.

Kwita Izina bya tanze amahirwe yo kongera ubushobozi ku baturage mu rwego rw’ubukungu kuko Kwita Izina nikimwe mubikorwa by’ubukerarugendo kurubu bikomeje kwinjiriza igihugu amamiriyo ya madorari ya Leta Zunze Ubumwe z’America kuko benshi mu basura u Rwanda baza bafite amafaranga ndetse bababifuza kugira aho bayakoresha mu kwishimisha aribyo bi komeza gutuma abatanga Serivise hano basabwa gukomeza kwimakaza ihame ryo gutanga Serivise nziza kurushaho.

Muruyu muhango wo kwita izina abana b’Ingagi watangiye mu gitondo by’umwihariko umushyitsi mukuru waruri muruyu muhango akigera ahaberaga uyu muhango umushyitsi mukuru wari Nyakubahwa Madame Jeanette Kagame yageze ahaberaga uyu muhango saa tanu niminota 40 uyu muhango watangiwe n’ indirimbo yubahiriza igihugu, Abasangiza Jambo (MC) bari Abanyamakuru bakomeye mu Rwanda Sandrine Isheja Butera na Arthur Nkusi Rutura.

Abanyamakuru bakomeye cyane hano mu Rwanda Sandrine Isheja Butera n’ Arthur Nkusi ndetse usanzwe we anakunzwe cyane kubera impano ye azwi mo cyane y’ Urwenya nibo bayoboye uyu muhango wo Kwita Izina kunshuro ya 19.

Batangiye bakira abashyitsi baturutse imihanda yose y’isi baje kwita Izina ijambo ry’ikaze rya tanzwe na Guverineri w’ intara y’amajyaruguru Mugabowagahunde Mourice, nyuma hakiriwe umuyobozi mukuru w’ ubukerarugendo m’ Urwego rw’igihugu rw’Iterambere (RDB) Michaela Rugwizangoga mwijambo ryo gushimira abashyitsi baje kwifatanya n’ u Rwanda no kugaragaza ishusho y’ Ubukerarugendo bumaze kugira mu Rwanda, aho yanagarutse cyane Ku mubare w’ Ingagi ndetse ninyuma yuko zikomeje kwiyongera kurubu izi maze guhabwa amazina ni 370,ndetse mubaturage bakoshimira cyane kuzibungabunga nazo zikibaruka nabo bakazikama amadovize aho umusaruro wose uva m’ubukerarugendo ukomeje kwiyongera aho 5% yahoze ahabwa abaturage ubu yabaye 10% bahawe aregera kuri Miliyoni 10 zashowe mubikorwa byabaturiye iyi Parike, yanashimiye abafatanya bikorwa bose bafashije gutegura uyu muhango wo kwita izina.

Guverineri w’intara y’amajyaruguru Mugabowagahunde Mourice ubwo yatangaga ikaze mu Ntara abereye umuyobozi.
Umuyobozi mukuru w’Ubukerarugendo m’Urwego rw’igihugu rw’Iterambere RDB Michaela Rugwizangoga.

Mumukino ubere ijisho cyane w’Itorero Mashirika rimaze kwamamara kw’isi hose aho bose bari bahanze amaso ubwiza bwo kwita kubinyabuzima by’umwihariko Ingagi zo mu birunga ndetse unarata ubwiza bw’igihugu, inshuti z’u Rwanda by’umwihariko ikipe yo mubufaransa abakinnyi ba Paris Saint Germain (PSG) bageneye ubutumwa isi kuruyu munsi mwiza.

Itorero Mashirika rimaze kuba ikimenyabose mu gususurutsa ibirori kurwego mpuzamahanga.

Hakurikiyeho umuhango nyirizina wo Kwita Izina abashyitsi bose namazina bise Abana b’Ingagi uko ari 23 bitangaje uyu mwaka kunshuro ya 19 Abana b’Ingagi bose bavutse nabakobwa nkuko byatangangajwe n’ Urwego rw’igihugu rw’Iterambere (RDB).

Abatanze amazina babimburiwe ni cyamamare kwisi Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa ma firime.

Kevin Hart = Gakondo

Ineza Mihoza Grace = Bigwi

Larry Green = Ingoboka

Prof. Öziem Türeci M.D na Dr Sierk Poetting bakorera Bion Tech = Intiganda

Danai Gurira aka Okoye = Aguka

Anders Holch Povlsen  = Umutako

Odre Azoulay (UNESCO) = Ikirango

Bernard Lama (PSG) = Ramba

Bukola Elemide a.k.a ASA = Inganzo

H.E Hazza AlQahtani = Urunana

Zurah Pololikashvili = Inshingano

Miss Queen Kalimpinya = Impundu

Jonathan Ledgard = Gisubizo

Winston Duke = Intarumikwa

Ineza Elvine= Nibagwire

Sol Campbell = Jijuka

Sabrina Dhower Elba & Idris Elba OBE = Narame

Rt. Hon Andrew Mitchell = Mukundwa

Nick Stone = Umucunguzi

Lais Ribeiro & Joakim Noah = Turumwe

Cyrille Bolloré = Mugisha

Joe Schoendorf = Uburinganire

Innocent Dusabeyezu = Murare

Hakurikiwe kandi umuyobozi mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’Iterambere (RDB) Claire Akamanzi.

Umuyobozi mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’Iterambere RDB Claire Akamanzi.

Mwijambo rye ya shimiye abaturage baturiye Parike ndetse by’umwihariko ashimira cyane abafatanya bikorwa ndetse yavuze ko mumezi 6 yuyumwaka ubukerarugendo inyungu zabwo zazamutseku kigero cya 56% ndetse ko igikorwa cyo kwita izina kurubu cyabaye igikorwa Mpuzamahanga yakomeje ashimira cyane ubwitange bw’umushyitsi mukuru ndetse anamwakira kugeza ijambo rye kubateraniye i Musanze nabatuye isi muri rusange bari bakurikiye uyu muhango kuri za Televiziyo, Radiyo n’Imbugankorambaga bose Umushyitsi mukuru Nyakubahwa Madame Jeanette Kagame ijambo rye ry’ibanze cyane kugushimira byimazeyo abaturage ba karere ka Musanze by’umwihariko intara z’ amajyaruguru n’uburengerazuba ndetse mabashyitsi baje kwifatanya n’u Rwanda yanageneye ubutumwa bwihariye abanyarwanda ndetse urubyiruko rukomeje gukomeza gukora ibishoboka byose mukwita kubidukikije n’ibinyabuzima muri rusange harimo n’Ingagi zo mu Birunga.

Nyakubahwa Madam Jeannette Kagame ubwo yagezaga ijambo ku b’itabiriye Umuhango wo Kwita Izina kunshuro ya 19 Abana b’Ingagi nkumushyitsi mukuru.
Nyakubahwa Madam Jeannette Kagame.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *